Tuesday 27 October 2020

U Rwanda rwaje mu hantu 20 heza ku isi ho gutemberera 2021 | Ahantu 20 heza ku isi ho gutemberera 2021

Do you want to share?

Do you like this story?

Rwanda rwaje ku rutonde rwa Forbes rw’ahantu 20 heza ho gumberera mu 2021.



Buri mwaka Forbes ihuza itsinda ryinzobere kugirango zerekane ahantu 20 hambere ku isi ba mukerarugendo bashobora gusura. Uyu mwaka, kimwe n'umwaka ushize, u Rwanda rwongeye kuza kuri urwo rutonde.

Igihugu cy'u Rwanda cyatoranijwe na Julie Danziger, uwashinze akaba anayobora Embark Beyond, ikigo kigira inama kikanatwara bamukerarugendo.

Uyu mwaka wabaye umwaka utoroshye kubagenzi kuko icyorezo cya Coronavirus cyahagaritse ingendo cyane cyane serivisi zo gutwara abantu mu ndege.

Ubwo Covid-19 yatumaga henshi ku isi ingendo zihagarara, ibigo byinshi bitwwra abantu mu ndege byatangiye gusuzuma uburyo bishobora gusubukura ingendo ku buryo burambye mugihe kizaza.

Icyakora, uko ibihugu bigenda bihangana n'iki cyorezo, amasosiyete atwara abantu mu ndege ndetse n’amahoteri nabyo biri mu bigira uruhare mu gushyira mu bikorwa inzira zituma abantu bagenda neza kandi bafite icyizere.

Ku Rwanda, ingendo ziri mu bigize ishingiro ry’ibikorwa byose ubwo serivise z'ubukerarugendo zatangiraga gutezwa imbere guhera mu 2005, ubwo hashyirwagaho gahunda yo guha ku musaruro uva mu bukerarugendo abaturage batuye hafi ya parike zcigihugu.

Ubwo Covid-19 yagabanuka, igihugu cyahise gisubukura ibikorwa by’ubukerarugendo,hashyirwaho ingamba z’umutekano hagamijwe kurinda bamukeraruge do,abenegihugu ndetse n'inyamaswa zo muri parike.

Parike y’igihugu ya Gishwati Mukura, irimo gukorwa cyane mu haterwa amashyamba kandi harateganywa gutangira ibikorwa by’ubukerarugendo mu mezi ari imbere.

Umwaka utaha kandi harateganywa Mantis Kivu Queen, ubwato bwiza bwo  gutembera mu kiyaga cya Kivu.

Hari amahoteri mashya yiyongera kubwinshi mu Rwanda, twavuga nka Singita Kwitonda Lodge iri ku nkengero ya Parike y’ibirunga. 


YOU MIGHT ALSO LIKE

0 comments:

Advertisements

Advertisements

 
<